FILIME YEREKEYE UMUSHINGA WA RDIS WO GUKWIRAKWIZA AMASHYIGA AGABANYA IBICANWA MU RWANDA HAGAMIJWE GUHANGANA N'INGARUKA Z’IMIHINDAGURIKIRE Y'IKIRERE NO KURWANYA UBUKENE
Umuryango Mpuzamadiyosezi utsura Amajyambere (RDIS) uri gushyira mu bikorwa ku buryo bunoze imishinga igamije iterambere ry’abaturage ryuzuye kandi rirambye harimo iyo kubungabunga no kurengera ibidukikije, imishinga iciriritse ibyara inyungu hamwe n’ubuhinzi bwa kijyambere.
Bimwe mu bibazo bibangamiye ibidukikije mu Rwanda, ni umubare munini w’abantu bakoresha amashyiga ya gakondo agizwe n’amabuye atatu mu guteka ibyo kurya n’amazi yo kunywa.
![]()
Ibi byatumye habaho kwiga no gushyira mu bikorwa umushinga wo kuzamura imibereho myiza y’abaturage no kugabanya iyangizwa ry’umutungo kamere bahabwa amashyiga agabanya ibicanwa n’utuyunguruzo tw’amazi dukoze mu ibumba. Uyu mushinga ukaba uzwi ku izina ry’Umushinga wo kugabanya ibicanwa.